Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Fireman yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Charlotte

Fireman ati ubu ni uwange byemewe

Umuraperi Fireman nyuma y’umwaka yambitse umukunzi we Kabera Charlotte impeta y’urudashira amusaba kubana NA WE akaramata, basezeranye imbere y’amategeko.

Fireman ati ubu ni uwange byemewe

Kuri uyu wa Kabiri, tariki 4 Mutarama 2022, nibwo basezeranye imbere y’amategeko mu muhango wabereye mu Murenge wa Mwurire mu Karere ka Rwamagana.

Fireman yasezeraanye n’umukunzi we nyuma y’uko muri Kanama 2020 yari yasabye Charlotte ko yamubera umugore we ubuziraherezo.

Gusa yaje kuba akomwa mu nkokora n’urubanza yaregwagamo n’Ubushinjacyaha bwa gisirikare, aho yari akurikiranyweho ibyaha byo gukubita no gukomeretsa byakorewe ku Kigo Ngororamuco cya Iwawa. Ariko urukiko rwaje kumugira umwere kuri ibi byaha mu Ugushyingo 2021.

Nyuma yo kugirwa umwere Francis uzwi nka Fireman yahise asubukura iby’ubukwe bwe, aho yahereye ku gusezerana imbere y’amategeko kuri uyu wa 4 Mutarama, 2022.

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, Fireman yagize ati “Kuva ubu ni uwange byemewe.”

Ubwo yasezeranaga imbere y’amategeko yari aherekejwe n’abandi baraperi barimo Jay-C n’abandi bari baje kumushyigikira.

Fireman ni umwe mu bahanzi bazamukiye mu itsinda Tuff-Gang ryari rigizwe na Bull-Dog, P-Fla na nyakwigendera Jay-Polly.

Fireman yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Charlotte

Fireman ashyira umukono ku isezerano ryo gushyingirwa

Umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko wabereye mu murenge wa Mwurire muri Rwamagana

Charlotte arahirira kubera Fireman umugore

Ubwo bahabwaga urupapuro ruhamya ko basezeranye mu mategeko

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

2 Comments

2 Comments

  1. mazimpaka

    January 5, 2022 at 2:00 pm

    Bazabyare Hungu na Kobwa.Ibintu bidushimisha cyane kurusha ibindi Imana yaduhaye,ni Ubukwe no Kubyara.Byombi ni IMPANO y’Imana.Gusa tugomba kwibuka ko Imana ishaka ko Umugore n’Umugabo “baba umubiri umwe” nkuko Intangiriro 2,umurongo wa 24 havuga.Ikibabaje nuko ababyubahiriza ari bake.Couples nyinshi zicana inyuma,bakarwana,bagatandukana,ndetse bakicana.Niba dushaka kuzaba muli paradizo,tugomba kumvira Imana muli byose,harimo no kubana neza n’abo twashakanye.

  2. Nyiraburyohe Zubeda

    January 5, 2022 at 4:35 pm

    Vayo vayo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI