Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Umunyamakuru Gentil Gedeon yasimbuye Arthur kuri Kiss FM

Umunyamakuru Gentil Gedeon yatangiye gukora kuri Kiss FM

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro mbarankuru Ntirenganya Gentil Gedeon yasimbuye Arthur Nkusi uherutse gusezera kuri Kiss FM.

Gentil Gedeon azajyakorana na Sandrine Isheja mu kiganiro Break Fast asimbuyemo Arthur Nkusi wasezeye

Gentil Gedeon mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 3 Mutarama 2022, nibwo yumvikanye kuri Kiss FM mu kiganiro Kiss Break Fast ari kumwe na Sandrine Isheja.

Iki kiganiro Break Fast cyari gisanzwe gikorwa na Sandrine na Arthur wamaze kuba asezera kuva ku wa 25 Ukuboza 2021, kuri ubu akaba yibereye mu birwa bya Zanzibar mu biruhuko hamwe n’umugore we.

Binyuze ku mbuga nkoranyambaga za Kiss FM bari babanje guteguza ko Sandrine Isheja aragarukana n’umunyamakuru mushya bazafatanya, bati “Mu kanya gato urumva Sandrine muri Kiss Break Fast araba ari kumwe n’undi muntu mushya bazajya bakorana, urakeka ari nde?”

Bidatinze ikiganiro gitangiye nibwo Gentil Gedeon Ntirenganya yahise yumvikana kuri iyi radiyo, maze nk’uko bari bateguje abantu basaba ko bamuha ikaze. Bagize bati “Dufatanye guha ikaze Gentil Gedeon tuzajya tubana mu kiganiro Break Fast hamwe na Sandrine Isheja.”

Gentil Gedeon agiye kuri iyi radiyo nyuma y’igihe nawe asezeye kuri Kigali Today yari amazeho iminsi, dore ko ari naho ikiganiro mbarankuru ‘Inyanja twogamo’ yacyamamayemo, nyuma yo gusezera yahise akomeza muri ibi biganiro ku muyoboro we wa YouTube.

Ntirenganya Gentil Gedeon yanyuze mu bitangazamakuru binyuranye hano mu Rwanda, aho yahereye kuri radio Salus ya Kaminuza y’u Rwanda igihe yari umunyeshuri wa kaminuza, yakoze kandi kuri RadioTV10. Aho yaherukaga ni kuri Kigali Today.

Umunyamakuru Gentil Gedeon yatangiye gukora kuri Kiss FM

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI