Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Hatanzwe Buruse ku banyeshuli 20 bashaka kwiga muri Polonye (Poland)

Ikigo gifasha abanyeshuri gushaka amashuri yo hanze y’igihugu, Best World Link Group kiri gutanga amahirwe ku banyeshuli b’Abanyarwanda barenga 20 kubona buruse zo kwiga muri Polonye (Pland) zishyura ijana ku ijana kuri minerval n’icumbi.

Abanyeshuri bemerewe gusaba izo buruse ni abagize amanota ari hejuru ya kuva ku manota 50 kuri 73 ku bize mu bigo bigengwa n’Ikigo cy’igihugu cy’Uburezi (REB).

Buruse zizatangwa mu masomo y’Ubucuruzi (Business), imicungire y’amahoteli (Hotel Management), Ubuvuzi bw’abantu (Medecine) harimo Ubuforomo na Farumasi.

Umuyobozi wa Best World link, Rukundo Charles Jyenani yavuze ko izo buruse zigenewe abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu 2019.

Ati “Turasahaka kumenyesha abana b’Abanyarwanda, bakoze ibizamini muri 2019 by’amashuri yisumbuye muri REB. Tubafitiye buruse zo muri Polonye bisaba, kuba barabonye amanota 50 no kuzamura.”

Mu gusaba buruse, umunyeshuri asabwa indangamanota z’imyaka itatu, iy’uwa Kane, uwa Gatanu n’uwa Gatandatu y’amashuri yisumbuye, diplôme na pasiporo, ubundi akegera Best World Link aho ikorera kuri gare yo mu Mujyi wa Kigali izwi nka Down Town, bakamufasha.

Abazatsindira kwigira kuri izo buruse bazatangira kwiga mu Ukwakira 2020.

Kuva mu 2017 ubwo Best World Link yatangiraga, imaze kohereza mu bihugu bitandukanye abanyeshuri barenga 300.

Uwakenera kugira ibindi amenya yakoresha telefoni, 0789460393 cyangwa ubutumwa kuri whatsapp 0786576293. Ashobora no gukoresha email: [email protected]  cyangwa agasura urubuga www.bestworldlink.co.uk.

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI