Ni amato abiri ya 2 yifashishijwe muri iki gikorwa
Niyonizera Emile Donald w’Imyaka 19 y’amavuko wakoraga akazi ko gutwara abantu ku magare, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri mu Murenge wa Nyakiriba yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ahita ahasiga ubuzima.
Ahagana saa kumi n’iminota makumyabiri z’umugoroba (4:20 p.m) kuri uyu wa Kabiri, tariki 22 Werurwe 2022, nibwo iyi mpanuka yabayeho, ibera mu Mudugudu wa Kayove, Akagari ka Kanyefura mu Murenge wa Nyakiliba mu Karere ka Rubavu.
UMUSEKE, aya makuru wayahamirijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba, Nyiransengiyumva Monique, avuga ko uyu munyonzi yagonzwe agahita ashiramo umwuka.
Yagize ati “Nibyo iyo mpanuka yabaye ahagana saa kumi n’iminota makumyabiri(4:20 p.m), umushoferi wari utwaye Fuso yagonze umunyonzi ahita ahasiga ubuzima. Icyateje impanuka ntabwo kirasobanuka ariko inzego zibishinzwe zirimo kubikurikirana, ubusanzwe aha hantu nta mpanuka zahabaga nk’izi.”
Iyi Fuso ifite nimero iyiranga ya RAE 302 Z yari itwawe n’umushoferi witwa Mbarimombazi Ismael, ubwo mpanuka yamaraga kuba yashatse gutoroka gusa yahise afatwa ubu akaba afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kanama.
Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...
Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.
Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.